Skip to main content

Idini ritanduye imbere y'Imana

Idini ritanduye Imbere y'Imana

Kenshi na kenshi uzasanga buri mu Kristu wese afite idini yayobotse bitewe wenda n'imyemerere yaho ihwanye nibinyuze umutima we cyangwa ugasanga aba mw'idini kuberako ariryo yasanze aba byeyi be barimo akivuka akarikuriramo. Ni byiza cyane guteranira hamwe muhuje imyemerere kuko bifasha buri mu kristo gukura yaba mumwuka cyangwa mumyemerere bityo akabaho afite indorerwamo yiroramo iyo ibyo yabwiwe cyangwa yigishijwe bisa nkaho atangiye kubigendera kure. Ku isi ya none muby'ukuri biragoye kuvuga ngo ririya dini cyangwa itorero runaka niryo cyangwa siryo ry'ukuri kuko ntabwo ibintu bibonwa kimwe na buri muntu wese.

Mwene data, ndizera neza ko Iyo wamaze kwakira Yesu Kristo mubuzima bwawe, wemeranya nanjye ko itegeko risumba ayandi mategeko ari Urukundo. Iyo ufite urukundo Kristo yadutegetse, rukohereza gukora ibyiza gusa byabindi ukora ugasanga nawe ubwawe unyuzwe kuberako hari uwo wafashije cyangwa uwo witangiye mugihe yarakeneye ubufasha, waba umuzi cyangwa utamuzi utitaye kubimuvugwaho. Erega uwagize neza aba atiza Imana kuko uwiteka yibuka igihe witanze ukagira neza, nawe aza gutabara iyo ufite icyo ushaka.

Idini ry'ukuri ni iryo, gufasha abandi, iyo babikenye, kwitangira abanyantege nke, abakene, impfubyi n'abapfakazi cyane cyane iyo bababaye. Muri Bibiliya (Yakobo 1: 27) hatwereka ko idini ritunganye kandi ritanduye imbere y'Imana ari ugusura impfubyi n'abapfakazi mumibabaro yabo no kwirinda kutanduzwa n'ibyisi.

Kwirinda kutanduzwa n'ibyisi n'uguhunga ikitwa icyaha cyose n'umuzi wose wavaho ibyaha cyaba gito cyangwa kinini. Hano uba utinya icyaha arinaho bivaho gutinya no Kubaha Imana. 

Ndagirango uyu munsi urebe babantu wajyaga wirengagiza, abagusaba, abagutakambira, abagushaka ukabima umwanya kandi uwufite, utangire uyu munsi ujye ubumva kandi uko ubishoboye ujye ubaha ubufasha bagushakaho. Ntuzarebe uko bambaye, uko basa, uko bavuga, wowe uzitange, ubitabe, ubabe hafi uko ubishoboye. Ntategeko ribuza umuntu gukora ibyiza. Uzaba uri gutiza Imana, nayo izakwibuka umunsi w'amakuba.
Uwiteka adufashe akomeze intambwe ubu tugiye gutera twitangira abadukeneye ariko kugana idini rinezeza Imana. Simvuze ngo ntugateranire mw'idini ryawe ariko uzajye wibuka ko iritanduye airyo rinezeza Imana.

Gira Amahoro


Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...