Skip to main content

Posts

Showing posts from October, 2017

Ni irihe tegeko rikikuboshye

Bohoka kumategeko y'isi ube imbata ya Kristo Mwene data wowe ufashe umwanya wawe kugirango ufatanye nanjye kumva neza icyo uwiteka adusaba twe twemeye tukanakira Kristo Yesu nk'Umwami n'umukiza w'ubuzima bwacu, Imana data wa twese aguhe umugisha kandi aguhe kwaguka muburyo bwose. Ndasenze kugirango ibikikuboshye byose bikurekura mw'izin rya Yesu Kristo. Indwara urwaye ikire mw'izina rya Yesu Kristo, ibibazo waburiye ibisubizo bikemuke mw'izina rya Yesu Kristo. Habwa ubundi buzima busumbye ubwiza ubwo urimo mw'izina rya Yesu Kristo. Natekereje kubintu bimwe na bimwe tudahwema kurwana nabyo mu ntambara y'umwuka hahandi twifuza gukora ibyiza ariko ibibi akaba ari byo dukora, kamere yacu isa nkiyatunaniye, nsanga tugomba kongera gufata icyemezo bundi bushya tukiyambura imbaraga za sekibi tugatsinda ubutware bwe bwose k'ubuzima bwacu kuko twahawe Kristo kugirango dutsinde ikibi ariko gikiranukira Uwiteka Imana yacu. Mubuzima busanzwe usan...

Imana ivugurura ukwizera kwacu

Imana ivugurura ukwizera kwacu Rimwe na rimwe Mubuzima bwacu tunezezwa no kubona dufite akazi, dufite ibyo dukora akenshi ibi biba byaravuye mugusaba Imana igihe twari dukeneye akazi cyangwa guhirwa mubuzima. Kuko Imana yacu yumva ugusenga    kwacu, iduha byinshi ndetse biruta ibyo tuba twayisabye kuko idufitiye byinshi mubiganza byayo kandi izi neza ibyo twifuza.   Hari igihe bigera aho dukomeza kuryoherwa n'uko guhirwa rimwe na rimwe ukwizera kwacu cyangwa zimwe muri gahunda zacu zisanzwe zituma dukomeza gusabana n'Imana n'Imana tuzikonjesha. Bitewe n'uko Imana idukunda kandi ntiyishimire ko tuguma hamwe mubuzima bw'umwuka iducisha bundi bushya mubuzima busa nkubutubihiye, aho tutumva ibiri kutubaho kugirango nitumara kubinyuramo, twongere turangamire uwiteka muri izo Nzira zikomeye twongere dutyaze ukwihangana, uku kwihangana kukaduha kunesha maze tukagira ibyiringiro. Ibi byiringiro ntibikoza Isoni kuko Ijambo Imana yavuze rirasohora Uko twitwara ...