Bohoka kumategeko y'isi ube imbata ya Kristo
Mwene data wowe ufashe umwanya wawe kugirango ufatanye nanjye kumva neza icyo uwiteka adusaba twe twemeye tukanakira Kristo Yesu nk'Umwami n'umukiza w'ubuzima bwacu, Imana data wa twese aguhe umugisha kandi aguhe kwaguka muburyo bwose. Ndasenze kugirango ibikikuboshye byose bikurekura mw'izin rya Yesu Kristo. Indwara urwaye ikire mw'izina rya Yesu Kristo, ibibazo waburiye ibisubizo bikemuke mw'izina rya Yesu Kristo. Habwa ubundi buzima busumbye ubwiza ubwo urimo mw'izina rya Yesu Kristo.
Natekereje kubintu bimwe na bimwe tudahwema kurwana nabyo mu ntambara y'umwuka hahandi twifuza gukora ibyiza ariko ibibi akaba ari byo dukora, kamere yacu isa nkiyatunaniye, nsanga tugomba kongera gufata icyemezo bundi bushya tukiyambura imbaraga za sekibi tugatsinda ubutware bwe bwose k'ubuzima bwacu kuko twahawe Kristo kugirango dutsinde ikibi ariko gikiranukira Uwiteka Imana yacu.
Mubuzima busanzwe usanga dufite imitima ibiri, kuko twigishijwe tukamenya icyiza n'ikibi ariko kubera irari n'intege nke zacu tugatsindwa ugasanga twaguye mucyaha.
Nishimye cyane igihe nasomaga ijambo ry'Imana dusanga mu Abaroma 6 na 7, imirongo yose aho tubwirizwa ko kuko twabatijwe, twapfanye na Kristo Yesu, ninako tutagitwarwa n'amategeko ahubwo tuyoborwa na Kristo.
Tutaramenya amategeko, ntitwari tuzi icyaha. Ariko kuko twayamenye, twamenye ikiza n'ikibi.
Ikibi kizanwa n'irari ryamuntu kubera icyaha kimurimo. Ategekwa n'umubiri we, aho usanga abwirizwa n'irari ry'umubiri we, agashiduka yaguye mubusambanyi, mubusinzi, kwirema ibice, ubusambo, uburakari, ubugome, amagambo y'ubugoryi, nibindi tuzi yuko ari bibi. Ijambo ry'Imana ritubwira ko n'udakora ikiza uzi neza ko ari kiza, uba ukoze icyaha.
Ni iki kikigutegeka?
-Ubusambanyi se?
-Ubusinzi se?
-Kwifuza se?
-Uburakari?
-...N'iki.?
Niba wemera ko wapfanye na Kristo, ntiwakagombye kuba ugitegekwa n'ibyo ahubwo wari ukwiriye kwitwararika ugashishoza mbere y'uko ugira icyo ukora hato utazaha sekibi ubutware mubuzima bwawe. Ujye wumvira ijwi rikongorera igihe ugiye kugira icyo ukora.
Nakomeje gusoma nsanga kubera ko muri kamere turi imbata z'ibyaha ariko mu mitima yacu turi imbata za Kristo, Imana ishimwe cyane kuko izajya idukiza kubwa Yesu Kristo Umwami wacu.
Ese Kristo Yesu ni Umwami wawe?
Ese wamaze kumwakira mubuzima bwawe?
Yesu azaba umwami wawe n'ubimwemerera, ukabyatuza akanwa kawe. Uku niko Imana izajya igukiza ikibi kubw'uwo mwami wakiriye mubuzima bwawe.
Niba utari wakwakira Kristo Yesu nk'Umwami n'umukiza wawe, iki nicyo gihe cyawe cyo kugira Yesu Kristo Umwami n'umukiza wawe, ukamwakira mubuzima bwawe, akaguha ubuzima bushya, maze ukemera ugapfana nawe mumubatizo ari nako uzukana nawe wabaye icyaremwe gishya maze ibyakera byose bikarangira ari nako Yesu wenyine aguha Impano y'umwuka weraukuyobora munzira z'abana b'Imana. Uku, ntuba ugitwarwa n'amategeko agushora mukibi ahubwo Uwiteka agufungura amaso, ukabona, aka gufungura n'amatwi ukumwa ukanasobanukirwa ikibi n'ikiza.
Uko wakwakira Kristo Yesu mubuzima bwawe
Atuza akanwa kawe ko Yesu kristo ari Umwami n'umukiza wawe (Abaroma 10:9-10), maze umusabe ko ari we wenyine wagushoreza munzira ze iteka ryose.
Dukomeze dusabe Imana Data kudukomeza munzira ze, aduhe kumvira ijwi ritwongorera ritubuza ikibi maze tubashe kunesha intambara zo m'umwuka. Ubuntu, imbabazi n'urukundo rw'Imana data bibane nawe mubuzima bwawe bwose.
Amen
Comments
Post a Comment