Skip to main content

Umvira rya Jwi rikongorera

Umvira IJWI rikongorera

Kenshi na kenshi  iyo umuntu yamaze kwakira Yesu Kristo nk'umwami n'umucunguzi we, ahabwa impano y'ijwi ryongorera umutima we rimubwiriza ibyo yakagombye gukora. Iyo rero ugifitiwe ubuntu ukagira iryo jwi, icyo usabwa n'ukuryumvira. 

''Ijwi ritwongorera''
bisobanura ko umwuka wera akitwingingira gukora ugushaka kw'Imana. Iyo utumvira iryo jwi, ukarengera ugakora ibyo wowe wifuza, uba wahisemo uwo uzakorera kuko ingaruka zabyo ni wowe zibabaza nkuko uba wabihisemo.

Ese ni gute uzatandukanya ijwi ry'Imana n'irya sekibi?

Ijwi ry'Imana rikugira inama rishaka kukuganisha mugukora ibyiza. Uzasanga kenshi kamere yawe, ariyo kamere muntu yanga igashaka gukora ibiyishimisha, ariko ukumva umutima wawe ntabwo ubishaka, ukarwana nawo, ukumva hari ijwi rikubuza. Iyo wanze kuryumvira, niho uzasanga ugwa mucyaha, warangiza kugikora, noneho igihe wibutse ko wateshutse, umutima wawe usanga ubura amahoro kugeza aho wumva ufite isoni n'ubwoba bwo gusubira imbere y'Imana usaba imbabazi zibyaha cyangwa usenge.

Kuki tugira ubwo bwoba? ni uko tuba twakoze ibyo tuzi neza ko atari byo Imana ishaka.

Ese umwana w'Imana yakagombye kurangwa n' ubwoba buteye butyo? iyo yateshutse, aba yiyambuye izina ry'Imana, aba yiyandurishije icyaha ... niyo mpamvu usanga arizwa no kuba yataye umurongo ngenderwaho.
Gusa, kuko Imana yacu ari inyampuhwe, ihora idukomanga kumutima wacu kugirango yinjire maze idusakazemo amahoro yayo.

Ijambo ry'Imana dusanga mu ibyahishuwe 3:20, haranditswe ngo 'Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire. Nguko uko Imana yacu ibana natwe. Icyo dusabwa nukumvira iryo jwi ridusaba kureka icyaha, iryo jwi ritwongorera ridusaba gukingurira Kristo Yesu ngo aze ategeke mubuzima bwacu.

---Ndifuza ko wibaza---

Ese ujya wumva ijwi rikuvugisha mumutima rigusaba gukora ugushaka kw'Imana cyane cyane iyo ugiye gukora icyo Imana idashaka?

Niba ari yego, menya ko Mwuka wera akiri muri wowe akwingingira gukora ibyo Imana ishaka.

Niba ari Hoya, menya ko wamaze kwirukana Mwuka wera mubuzima bwawe akaba ariyo mpamvu utacyumva akubwiriza icyo gukora, aho usigaye ugengwa na kamere yawe, ugakora ibyo ushaka ntacyo wikanga. Hano uba ugomba kongera ugashaka Imana n'umwete wose!!

Kuko ijambo ry'Imana nkuko byanditswe muri Galatiya 5:25, Niba tubeshwaho n'Umwuka tujye tuyoborwa n'Umwuka. Uyu mwuka niwe utubwiriza icyo gukora.

Ni gute watunga Umwuka wera mubuzima bwawe?

Iyo umaze kwihana ibyaha byawe, ukakira Yesu nk'umwami n'umucunguzi mubuzima bwawe, ntakindi gisigaye n'uko wabihamya ubatizwa maze ugatangira ubuzima bushya. Ubu buzima rero nibwo twita ubuzima bw'umwuka kuko mwuka wera aba yaje mubuzima bwacu kutuyobora.

Ni ahawe ho kwibaza uko umubano wawe n'Imana umeze, ukareba koko niba ibyo ukora aribyo Imana ishaka; ese mwuka wera arakuyobora biciye muri rya jwi ryongorera?

Imana idufashe tubashe kuyoborwa n'Umwuka, twumvira iryo jwi niho tutazakora ibyo Imana idashaka. Amen


 

Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Ni gute watunga Umutima Utinya Imana

Gutunga Umutima Utinya Imana Kugirango umukoresha wawe akwishimire ni uko wubahiriza amahame n'amabwiriza aguha mu kazi kawe kaburi munsi bityo ukarangwa no kugira umusaruro uhoraho. Iyo uzi neza ko n'uramuka ukoze ibihabanye n'ibyo yagusabye, ushobora kubura akazi kawe, na wa musaruro wavanaga mukazi. Iyo uzi neza ko umukoresha wawe ari hafi yawe, yaba akureba cyangwa atakureba, ntushobora gukora ibihabanye n'amabwiriza y'akazi. Ibi tubyita Kubaha umukoresha, bivuga ko utinya gukora ibibi hato utazabura ka kazi kawe.   Iyo wubaha umukoresha wawe, cyangwa undi muntu, utinya gukora ibyo adashaka kuberako uzi neza ingaruka zo kubahuuka. Hano, umukoresha yagereranywa n'Imana naho umukozi akaba wowe wakiriye Kristo Yesu. Ese twakagombye gutinya Imana? Yego. Tugomba gutinya Imana kuko tuyubaha. Umuntu wese utinya, byitwa ko uba umwubaha. Dore icyo ijambo ry'Imana ridusaba:    Imigani 8:13 [13]Kūbaha Uwiteka ni ukwanga ibibi,Ubwibone n...