Skip to main content

Posts

Showing posts from April, 2018

Witinya guhamya ko wizera Kristo Yesu

Kwemera gutotezwa kubw'Izina rikomeye Intumwa za Kristo Yesu ziduha urugero rwiza nkabizeye Imana ko hari aho bigera mubuzima bwacu bwa buri munsi ko twangwa tukanakubitwa no gutukwa kuko tuvuga Izina Kristo Yesu. Ushobora kuba uri mugihugu aho batazi Yesu, bamufata nk'undi muntu wese wapfuye agahambwa nkumunyabyaha; ushobora kuba ukorana cyangwa ukorera abantu badashobora kwemera ko uvuga izina Yesu mukazi kabo. Kubera ko ushaka amaramuko, ukagira ubwoba bwo kuvuga Yesu aho ubona akenewe kuvugwa, kuko uramutse umuvuze akazi kashira, aho wabonaga indamu ukahabura!  ibuka ishema ry'umukristo nkuko byanditswe mu Abafilipi 3:7-8 "  7 .  Nyamara ibyari indamu yanjye nabitekereje ko ari igihombo ku bwa Kristo,   8 . ndetse n’ibintu byose mbitekereza ko ari igihombo ku bw’ubutunzi butagira akagero, ari bwo kumenya Kristo Yesu. Ku bw’uwo nahombye ibyanjye byose, ndetse mbitekereza ko ari amase kugira ngo ndonke Kristo.  Ndagira ngo nkubwire yuko, Kri...

Inshingano y'umukristo (Uwakijijwe)

Ese iyo umaze gukizwa, cyangwa reka tuvuge igihe wakiriye Kristo Yesu nk'umwami n'umukiza mubuzima bwawe, cyangwa igihe cyose wiyemeje kureka icyaha ugaharanira gukorera ijuru biba birangiriye aho? Iyo uganiriye n'umwe mubantu batarakizwa bafite umuntu ukijijiwe iwabo wenda umubyeyi cyangwa umuvandimwe, ukamubaza ibyo gukizwa akenshi uzumva akubwira ko " Njye mbona kanaka amaze gukizwa asenga cyane, akanga kurya rimwe na rimwe ariko mbona ntazi kuko rimwe na rimwe avuga nabi, arirata, ibintu byose abyita dayimoni....., njye ibyo hoya ntibimfasha kuko niba nkoze ikintu akandakarira cyane rimwe na rimwe agahita ambwira ngo dusenge simbona ko aribyo bizatuma nanjye nkizwa ".....uru ni urugero mfashe gusa wenda nawe waganiriye n'undi umeze uko afite uko yakubwiye cyangwa ari wowe umeze ko! Icyo ibi bisobanuye ni iki?  Ni uko wowe wakijijwe, uba waremeye kwica kamere z'icyaha cyangwa kwica kamere muntu kuko uba wimiste kamere y'Imana (ubugwaneza,...

Guhindukira ugakurikira Kristo

Guhindukira ugakurikira Kristo Intambwe yambere ikomeye ni ukwemera ko uri umunyabyaha kandi ukemera ko utagomba gukomeza kugendera munzira z'ibyaha. Igihe cyose uzumva ugomba kuva mubibi  cyangwa kureka imirimo mibi cyangwa umuco mubi nk'ubusambanyi, ubujura, ubusinzi, kugira ibiganiro bibi, akanwa k'ubugoryi, kubeshya, kwiba, kwiyemera, ubwirasi, ubwibone agasuzuguro, n'ibindi nkibi ugafata intambwe yo gukurikira inzira z'abakristo, uzaba uteye intambwe ikomeye yo kwinjira mumuryango wabakijijwe.  Ese wari uzi yuko ibyo byose bivuzwe haruguru bitanezeza Imana? Wari uzi yuko Imana yacu ari inyembazi ko ntacyo itababarira igihe cyose twiyemeje kukireka tukihana dufite umutima umenetse (wawundi ubabajwe n'ibibi ukifuza amahoro)? Birashoboka ko izo nzira urimo wazivamo ugahindukira ukaba umwana Imana data wa twese yishimira. Erega kuba Muri Kristo Yesu ntagisa nkabyo, kuko muri we ni ho hari ubuzima buzima kandi muriwe amahoro arambye niho abonekera...