Skip to main content

Posts

Showing posts from June, 2018

Bimenyeshe Imana

Duhura na byinshi bitugora, rimwe na rimwe tukabura ibisubizo by'ibibazo dufite kuko hari uko twifuza kubona ubuzima bwacu ariko ntitubibone. Ushobora kuba uri mubibazo byinshi bikugoye, ubona hari imisozi myinshi yakugose, wenda inshuti zakuretse, aho ukomanga hose ntihafunguka, ushobora kuba uri kubona aho uca harimo umwijima ukabije kuburyo utari kureba aho ujya, amahirwe yawe yose ukabona utagifite uko uyageraho, ibi byose ukibaza impamvu biri kukubaho kandi mbere wabonaga imiryango myinshi ifunguka ukanezezwa nabyo. Kubihirwa no kubabara, ni ubuzima buri muntu wese yacamo kuko isi turimo ntabwo burigihe izagenda nkuko twe tubyifuza. Ibihe birahinduka! Uyu munsi ndagirango nkwibutse yuko, kuva igihe icyaha cyaziye mubantu, hari imiryango myinshi yafunzwe, bityo bigatuma isi ibiha cyane. Ibi rero, bigatuma habaho gushaka inzira umuntu yanyuramo kugirango abashe kubona icyo ashaka rimwe na rimwe bikamusaba kugira ikiguzi atanga (kubeshya, ruswa, ubusambanyi, kwiba n'...

Iyo ugira neza....

Uyu munsi numvise twajya inama kubijyanye n'ineza tugirira abandi igihe cyose twumva umutima Wacu ubidusaba cyangwa igihe cyose Dusabwa kubikora. Kugira neza nko gufasha abatishoboye yaba kubaha imyambaro, ifunguro, icumbi, n'ubundi bugira neza bwose waba ugomba gukora, gufite uko kwakagombye gukorwamo nkuko Kristo abidusaba. Usanga benshi bagira ineza Atari ukigirango Yesu ahabwe icyubahiro mugutangana umutima wiyoroheje ahubwo ugasanga uwatanze yifuza kubikorera imbere y'abantu kugirango yemerwe nabo cyangwa agaragare imbere Yabo. Ugasanga ikimuteye kugira neza atari Rwa rukundo Rw'abana b' Imana ahubwo ari ukwiyemera cyangwa kwifuza guhabwa icyubahiro. Ibi rero bibiliya ibyita uburyarya nkuko abafarizayi babigenzaga ngo babemere ko aribo bagira neza kurusha abandi. Ikindi gihe usanga umuntu yarasanzwe agira neza ariko rimwe ugasanga umutima we utangiye kwifuza kubireka. Ukumva amajwi akubwiriza ukuntu umaze gukora byinshi cyangwa ko ibyo wakoze bihagije ukumva...

Iyo ntambara urwana si iyawe

Uyu munsi ndumva mfite ijambo ryo kukubwira wowe umaze iminsi wibaza ibiri kukubaho, wibaza impamvu ibikubaho ari wowe biri kubaho, ukabona ko ubuzima bwawe bugeze ahantu utagishaka no kugira uwo wumva akuvugisha, isi warayanze, abantu bose ukabona warabanze, ubuzima bwawe bwuzuyemo agahinda, uhora urira amanwa na nijoro, ntacyo ukora ngo kiguhire mbese uriho utegereje gupfa gusa rimwe na rimwe nabyo ukabona biratinze, ukumva icyaguha gusara, ndagirango uyu munsi uwufate nk'umunsi w'umugisha kuri wowe cyangwa kuri uwo mugenzi wawe cyangwa se umuvandimwe cyangwa inshuti yawe uzi yiyanze kubera ibibazo byinshi byugarije ubuzima bwe, ndagirango uyu munsi uwufate nk'umunsi udasanzwe kuko Yesu dore araje ( Ibyahishuwe 3:20 ) ari gukomanga kumutima wawe, kugira ngo aze mubane mwembi ahindure ubuzima bwawe bundi bushya kuko ari we ufite igisubizo cy'ubuzima bwacu. Uyumunsi Yesu yumvise amarira yawe, aje gusana ahangiritse, aje gusubiza umutima wawe mugitereko cyawo, araj...