Skip to main content

Bimenyeshe Imana

Duhura na byinshi bitugora, rimwe na rimwe tukabura ibisubizo by'ibibazo dufite kuko hari uko twifuza kubona ubuzima bwacu ariko ntitubibone. Ushobora kuba uri mubibazo byinshi bikugoye, ubona hari imisozi myinshi yakugose, wenda inshuti zakuretse, aho ukomanga hose ntihafunguka, ushobora kuba uri kubona aho uca harimo umwijima ukabije kuburyo utari kureba aho ujya, amahirwe yawe yose ukabona utagifite uko uyageraho, ibi byose ukibaza impamvu biri kukubaho kandi mbere wabonaga imiryango myinshi ifunguka ukanezezwa nabyo.

Kubihirwa no kubabara, ni ubuzima buri muntu wese yacamo kuko isi turimo ntabwo burigihe izagenda nkuko twe tubyifuza. Ibihe birahinduka!

Uyu munsi ndagirango nkwibutse yuko, kuva igihe icyaha cyaziye mubantu, hari imiryango myinshi yafunzwe, bityo bigatuma isi ibiha cyane. Ibi rero, bigatuma habaho gushaka inzira umuntu yanyuramo kugirango abashe kubona icyo ashaka rimwe na rimwe bikamusaba kugira ikiguzi atanga (kubeshya, ruswa, ubusambanyi, kwiba n'ibindi nkibi) kugirango abashe guhabwa icyo ashaka.
Ikibazo si ikiguzi utanga ahubwo ubwoko bw'icyo kiguzi! Ese urifuza ko Kristo aza mubuzima bwawe akarwana iyo ntambara yakunaniye?, Urifuza ikiguzi gikomeye kuruta ibindi aricyo kwiyegurira Yesu?

Ntabwo Kristo yanze na rimwe abamusaganiye bose kugirango abaruhure, kuko wenyine yaravuze ngo, mumuzanire imizigo yose ibaruhije kandi ibaremereye abaruhure (Matayo 11:28)

Kujyanira Kristo imizigo yawe yose bisaba ko umwizera, ukizera ko ashobora ibyananiye abantu. Akenshi ibyo tujyamo, inzira ducamo ziba ziterwa n'uko hari uko twakuze tubona ibintu bikorwa yaba neza cyangwa nabi ntitwibaze cyane kumpamvu bikorwa uko, akaba ariyo mpamvu umuntu wese kugirango abashe gusobanukirwa inzira nyakuri zo kunyuramo ari ukwemera kuvuka bwa kabiri, ukakira Yesu Kristo mubuzima bwawe, ukamwiyegurira wese, maze Yesu akakwereka inzira nyakuri zo kunyuramo kuko niwe inzira, ukuri n'ubugingo (Yohana 14:6). 

Sinzi imisozi ikugose, sinzi ibyo uri kunyuramo bidasobanutse, sinzi ibayakugoye, sinzi ndetse umwijima urimo ariko icyo nzi neza ni igisubizo kuri ibyo ni uko hari Yesu, umugabo ukomeye udashobora kwanga na rimwe abamusanganiye, afite imbaraga ziruta izabantu, ni umugabo utabeshya, ntayoba ntanayoba, akemura ibibazo byananiranye, akiza indwara burundu, Yesu ni we watsinze urupfu, arashoboye, azura abapfuye, ariho kuva kera, ubu kandi azahoraho! Icyo we agusaba ubungubu ni ukumwizera, ukamwakira ukemera ko ariwe ukurwanirira ibyo byose byakunaniye.

Nkunda ijambo rivuga ngo: Ntimukagire icyo mwiganyira, ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n'Imana mubisabiye, mubyingingiye, mushima (Abafilipi 4:6).

Ibi bitwereka ko gusaba byonyine bidahagije, ahubwo tugomba no kwingika tunashima. Kuki dushima? ni ikimenyetso cyo kuba tumaze gusenga/gusaba no kwinginga, twizeye ko tuzahabwa ibyo twasabye ariko tukemera ko Imana ibiduhera mubushake bwayo.

Byose bimenywe n'Imana. Ntubyihererane. 
Imana igihe umugisha kuko ufashe icyemezo gikomeye cyo kureka ko ibyawe bimenywa n'Imana.

Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Ni gute watunga Umutima Utinya Imana

Gutunga Umutima Utinya Imana Kugirango umukoresha wawe akwishimire ni uko wubahiriza amahame n'amabwiriza aguha mu kazi kawe kaburi munsi bityo ukarangwa no kugira umusaruro uhoraho. Iyo uzi neza ko n'uramuka ukoze ibihabanye n'ibyo yagusabye, ushobora kubura akazi kawe, na wa musaruro wavanaga mukazi. Iyo uzi neza ko umukoresha wawe ari hafi yawe, yaba akureba cyangwa atakureba, ntushobora gukora ibihabanye n'amabwiriza y'akazi. Ibi tubyita Kubaha umukoresha, bivuga ko utinya gukora ibibi hato utazabura ka kazi kawe.   Iyo wubaha umukoresha wawe, cyangwa undi muntu, utinya gukora ibyo adashaka kuberako uzi neza ingaruka zo kubahuuka. Hano, umukoresha yagereranywa n'Imana naho umukozi akaba wowe wakiriye Kristo Yesu. Ese twakagombye gutinya Imana? Yego. Tugomba gutinya Imana kuko tuyubaha. Umuntu wese utinya, byitwa ko uba umwubaha. Dore icyo ijambo ry'Imana ridusaba:    Imigani 8:13 [13]KÅ«baha Uwiteka ni ukwanga ibibi,Ubwibone n...