Uyu munsi numvise twajya inama kubijyanye n'ineza tugirira abandi igihe cyose twumva umutima Wacu ubidusaba cyangwa igihe cyose Dusabwa kubikora. Kugira neza nko gufasha abatishoboye yaba kubaha imyambaro, ifunguro, icumbi, n'ubundi bugira neza bwose waba ugomba gukora, gufite uko kwakagombye gukorwamo nkuko Kristo abidusaba. Usanga benshi bagira ineza Atari ukigirango Yesu ahabwe icyubahiro mugutangana umutima wiyoroheje ahubwo ugasanga uwatanze yifuza kubikorera imbere y'abantu kugirango yemerwe nabo cyangwa agaragare imbere Yabo. Ugasanga ikimuteye kugira neza atari Rwa rukundo Rw'abana b' Imana ahubwo ari ukwiyemera cyangwa kwifuza guhabwa icyubahiro. Ibi rero bibiliya ibyita uburyarya nkuko abafarizayi babigenzaga ngo babemere ko aribo bagira neza kurusha abandi.
Ikindi gihe usanga umuntu yarasanzwe agira neza ariko rimwe ugasanga umutima we utangiye kwifuza kubireka. Ukumva amajwi akubwiriza ukuntu umaze gukora byinshi cyangwa ko ibyo wakoze bihagije ukumva wabireka koko. Ibi bikunda kugaragara igihe ufite inshingano runaka nko kurera abo utabyaye, gufasha abanyantege Nke, guhora ari wowe usabwa service Mukazi kawe cyangwa ugasanga ari wowe benshi biyambaza iyo bafite icyo bashaka kuburyo wumva urambiwe abantu kuko bafata umwanya wawe cyane. Bibaho cyane rero ko wiyumva umeze uko ariko ndagirango nkwibutse ko udakwiye gucogora kugira neza nkuko tubisanga mu Abanyagalatiya 6:9. Nibyo, uzumva umutima ugikunze kugira neza ariko umubiri ukabyanga, ndagirango nkwibutse ko Na Kristo byamubayeho igihe yabonaga urupfu ruri bugufi nkuko biri muri Matayo 26:41! Inama Kristo atugira hano mubihe nkibyo nugusenga kugirango tutagwa mumoshya. Satani Aba ari kutwoshya ngo turekerere aho ariko wibuke ko igihe cyose ugira neza uba uhesha Imana icyubahiro. Satani rero ntakunda ibyo.
Tugendeye kuri izo ngero ebyiri: gutanga kugirango wemerwe n'abantu no kuruha gutanga cyangwa kugira neza ni bimwe mubintu Satani akunda gutegeramo abana b' Imana ashaka kubereka ibihabanye n'ijambo ry' Imana kugirango Bayobe maze icyubahiro cyagahawe Imana Kibe icyasatani kuko niwe uba utsinzwe igihe twumviye ijwi ryiwe ritubuza kugira neza cyangwa gutanga ntaburyarya.
Ushobora kwibaza uti ese uramutse usabwe kugira neza mubantu benshi wabyanga ? Hoya ntiwabyanga igihe wumva wabikora. Ariko ntuzifuze kuba kazitereyemo ngo ugaragaze ko ari wowe ubishoboye cyangwa ngo ubikorere kwiyemera. Ikibazo si ukubikora, ahubwo ikibazo ni gahunda cyangwa se imigambi ikuri mumutima igihe wemeye kugira neza nkuko ijambo ry'Imana ribitwibutsa muri Mariko 7:15.
Nuko rero ntitukemere ko Satani atuvutsa imigisha yacu adushuka kutagira neza neza ngo icyubahiro ntikibe icy'Imana kugirango kimugarukire. Hoya ntibizongere kubaho.
Ikindi gihe usanga umuntu yarasanzwe agira neza ariko rimwe ugasanga umutima we utangiye kwifuza kubireka. Ukumva amajwi akubwiriza ukuntu umaze gukora byinshi cyangwa ko ibyo wakoze bihagije ukumva wabireka koko. Ibi bikunda kugaragara igihe ufite inshingano runaka nko kurera abo utabyaye, gufasha abanyantege Nke, guhora ari wowe usabwa service Mukazi kawe cyangwa ugasanga ari wowe benshi biyambaza iyo bafite icyo bashaka kuburyo wumva urambiwe abantu kuko bafata umwanya wawe cyane. Bibaho cyane rero ko wiyumva umeze uko ariko ndagirango nkwibutse ko udakwiye gucogora kugira neza nkuko tubisanga mu Abanyagalatiya 6:9. Nibyo, uzumva umutima ugikunze kugira neza ariko umubiri ukabyanga, ndagirango nkwibutse ko Na Kristo byamubayeho igihe yabonaga urupfu ruri bugufi nkuko biri muri Matayo 26:41! Inama Kristo atugira hano mubihe nkibyo nugusenga kugirango tutagwa mumoshya. Satani Aba ari kutwoshya ngo turekerere aho ariko wibuke ko igihe cyose ugira neza uba uhesha Imana icyubahiro. Satani rero ntakunda ibyo.
Tugendeye kuri izo ngero ebyiri: gutanga kugirango wemerwe n'abantu no kuruha gutanga cyangwa kugira neza ni bimwe mubintu Satani akunda gutegeramo abana b' Imana ashaka kubereka ibihabanye n'ijambo ry' Imana kugirango Bayobe maze icyubahiro cyagahawe Imana Kibe icyasatani kuko niwe uba utsinzwe igihe twumviye ijwi ryiwe ritubuza kugira neza cyangwa gutanga ntaburyarya.
Ushobora kwibaza uti ese uramutse usabwe kugira neza mubantu benshi wabyanga ? Hoya ntiwabyanga igihe wumva wabikora. Ariko ntuzifuze kuba kazitereyemo ngo ugaragaze ko ari wowe ubishoboye cyangwa ngo ubikorere kwiyemera. Ikibazo si ukubikora, ahubwo ikibazo ni gahunda cyangwa se imigambi ikuri mumutima igihe wemeye kugira neza nkuko ijambo ry'Imana ribitwibutsa muri Mariko 7:15.
Nuko rero ntitukemere ko Satani atuvutsa imigisha yacu adushuka kutagira neza neza ngo icyubahiro ntikibe icy'Imana kugirango kimugarukire. Hoya ntibizongere kubaho.
Thank that's very true.
ReplyDeleteWelcome brethren
Delete