Nongeye kukwandikira wowe mukristu wemeye ukumva ubutumwa bwiza maze nkuko wagiriwe ubuntu n'Imana ugahabwa agakiza. Dore nabugingo ubu uko ukomeje kuyoborwa n'umwuka wera no guhishurirwa ipfundo ry'imbaraga zituma ukomezwa muri ako gakiza. Ariko nagiraga ngo nkwibutse yuko, sekibi atigeze ahunga ngo ajye kure yawe. Icyo nahamya nuko atakiri muri wowe kuko atari wowe uriho ahubwo Kristo ugukoreramo. Satani ntabwo ari kure yawe, ahora hafi yawe akugerageza ngo ugere aho wubahuka Imana ukumvira ijwi rikoshya cyangwa rituma ukiranirwa.
Uyu munsi nkwandikiye nkuganiriza kubijyanye na cyagihe uba wafashe ngo wiyirize ubusa usenga ngo ukomeze ube mubwiza bwa Data. Iki ni igihe uba wahaye umwanya kandi wanateguye neza. Iyo ufashe iminsi runaka, satani aba agutega udutego twa hato kugirango ahindure ubusa iminsi yawe y'amasengesho. Ibuka igihe Kristo Yesu yiyirije ubusa iminsi 40 asenga, satani ntiyamutinye ahubwo ashaka ko akora ibyo we yamugeragereshaga nyuma Kristo amutsindisha inbaraga z'ijambo (soma Matayo 4:1-11).
Nawe rero satani ntazabura kuza igihe uri mu masengesho wiyiriza ubusa. Uzasanga rero satani ashaka ko twatuntu wigomwe nko kurya, kuvuga nabi, kugaburira abashonje, gusura abarwayi, kunenya abababaye, nibindi bikorwa by'urukundo ubireka akenshi ijwi rikaza muri yaminsi yanyuma urangirizaho kwiyiriza. Usange nko kukunsi wanyuma satani aza akwereka ko wakoze byinshi ko ugomba kuruhuka, akakwereka ko iminsi wamaze cyangwa amasaha wamaze wiyiriza ubusa ahagije ko kumunsi cyangwa isaha byanyuma ntakibazo utagomba gutegereza ko hagera. Ibi byose abikora ashaka kukubuza kugera kuri ya ntego yawe yisengesho rigukomeza. Akenshi azaguca intege akwereka ko ibyo umaze iminsi ukora bihagije.
Rero muvandimwe mwene data, nifuzaga ko sekibi tutamuha umwanya namba ngo twumvire ibye kuko ntakindi adushakaho uretse kutugutsa. Tumutsindishe ijambo nkuko Yesu yabikoraga kuko mw'ijambo harimo imbaraga zokunesha igihe twitaye kucyo ryavugiye.
Gira amahoro n'ubwiza bwa Data bugumane nawe. Amen
Comments
Post a Comment