Skip to main content

Ese ndi mubuzima bw'icyaha?

Ese ndi mubuzima bw'icyaha?

Icyaha ni ukujya hanze y'ubushake bw'Imana. Icyaha n' umwanda ubuza umuntu Imana yaremye kuba umwana wayo.

Imana yaturemeye kubaho mubuzima buyihimbaza. Ni byinshi bituma Imana ihimbarwa. Abantu kenshi usanga bumvako guhimbaza Imana ari ukujya mu nsengero bakaririmba. Si ibyo cyangwa mvuge ngo si ibyo gusa ahubwo Imana ihimbazwa igihe cyose:

1. Uhora uvuga ineza yayo igihe cyose
2. Wanga icyaha, ahubwo ukagira umwete wo gukora icyo Imana ishaka.

Icyo Imana ishaka ni ukwezwa kwacu si ukuba mubuzima bw'Icyaha. Kuba muri ubu buzima rero usanga akenshi umuntu atacyumvira ijwi rimwongorera kugirango rimushoreze munzira Imana ishaka.

Icyaha ni iki rero?

Igihe cyose ukoze nabi kandi wari gukora neza, ariko ukabyirengagiza ubitewe n'ubwibone cyangwa kwikunda uba ukoze icyaha. Bibiliya muri Yakobo 4:17
Haratwigisha ngo ", Nuko uzi gukora neza ntabikore bimubereye icyaha". Ni uko, gukora neza ari imwe muri kamere twahamagariwe n'Imana gukora. Kuba mubuzima rero bwo gukora neza si ukwikingirana munzu ukanga kujya hanze ngo udacumura, ahubwo ari ukujya hanze maze ukabera isi urumuri, ugakorera Imana, ukiyanga kubw'abandi, ukera imbuto nziza zituma Imana igaragarira muri wowe hahandi wemera ibyari kuba indamu yawe ubireka kubw'icyubahiro cy'Imana.

Kubaho rero mubuzima bunezeza Imana, bigusaba kumva ko iyi si turimo atari iwacu ko hari ahandi tuzajya nituva mumubiri, kandi ko aho hantu buri wese azajya aho yakoreye akiri mumubiri. Hariho ijuru rishya rizaremwa kubwababandi banze ubuzima bw' icyaha ahubwo bagaharanira kwezwa no kubaho mubuzima bugororotse, nanone habeho gehinomu izajyamo babandi banze kumva ijambo ry'Imana ahubwo bakihitiramo ubuzima butarimo Imana aribwo bw'icyaha. 

Ubuzima bw'icyaha: ubugome, ubwibone, ubusinzi, kwiba, kwica, kuroga, kwangana, kutemera guca bugufi, ubusambanyi, ubusambo, ubusinzi, kurangwa n'amagambo y'ubugoryi, ibuganiro bibi ndetse no kutagira neza, kuko ugira neza ntiyemera ko ibyo mvuze bimuranga.

Dore ibyo Imana ishaka ni uko twabona ubugingo bwinshi. Satani arakubeshya ngo babo winezeza. Si bibi kunezerwa ariko biba byiza iyo wamenye ko unezeza umubiri we kuruta kunezeza Imana azabona arupfu ariko unezeza Imana abona ubugingo. Kandi ukanamenyako si uko byose bikunezeza binezeza Imana. Banza umenye ikinezeza Imana n'ubwo kitakunezeza wowe ariko kiyinezeza uba unejeje Imana iyo ukiretse, niko gukorera Ubugingo buhoraho. Iki nicyo cyazanye Yesu kugirango tubashe guhabwa ubwo bugingo igihe cyose twemeye akagiza tukava mubuzima bw'Icyaha. (Yohana 10:10, Umujura ntazanwa n'ikindi keretse kwiba no kwica no kurimbura, ariko jyeweho nazanywe no kugira ngo zibone ubugingo, ndetse ngo zibone bwinshi)*

Uyu munsi rero twisuzume ko tutibeshye inzira tukajya muyidushoreza mubuzima bw'icyaha aho kuba mubunezeza Imana.

Dusenge

Zaburi 139:23-24

[23]Mana, ndondora umenye umutima wanjye,Mvugutira umenye ibyo ntekereza.
[24]Urebe yuko hariho inzira y'ibibi indimo,Unshorerere mu nzira y'iteka ryose.

Uwiteka adushoboze kubaho mubuzima bumunezeza. Amen

Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...