Skip to main content

Kwiyiriza Ubusa gukora k'umutima w'Imana

Kwiyiriza Ubusa gukora k'umutima w'Imana

Amahoro y'Imana yacu, urukundo n'ubuntu byayo bibane nawe.

Kwiyiriza ubusa nko kutarya, kutanywa cyangwa byombi no kwigomwa ibintu ukunda cyane (facebook, whatsApp, Television n'ibindi nkibi) kugirango usenge, ni bimwe mubintu aba Kristo benshi bakora kumpamvu nyinshi nko gushaka kwiyegereza Imana kurushaho, Kuyisaba igihe cy'ibigeragezo cyangwa no kuyishimira ibyiza yakoze iyo ubona hari isezerano risohohoye m'ubuzima bwawe. Ariko usanga benshi biyiriza ubusa bakora bihabanye n'ibyo bibiliya itwigisha.

Singombwa ko iyo wiyirije ubusa abantu babimenya kuko ntuba wabikoreye abantu kugirango bakwemere, ahubwo uba wabikoranye mw'ibanga hamwe n'Imana yawe. Singombwa ko ubyamamaza cyangwa ngo isura yawe ibigaragaze ko wiyirije ubusa. Iyo wiyirije ubusa ntiwakagombye kugaragaza umubabaro cyangwa ngo wange gukora ibyo wari usanzwe ukora (imirimo yawe ya buri munsi), hoya, ahubwo umurava wakagombye kwiyongera. Abo mubana cyangwa abo mukorana uzasanga kubera uko basanzwe bakuzi batangazwa ni uko usa nkuri gukora bidasanzwe. Biraruta ko bakwibazaho ibyo aho kugirango batangire bavuge ngo ko murakaye, ese ko mutishimye nibindi nkibi usanga niba bazi ko usenga batahura ko wiyirije ubusa ugasanga rya banga ryawe n'Imana rimenywa n'abantu kandi atari ngombwa.

Ese iyo wiyirije ubusa, ni iki usabwa gukora?

Kwiyiriza ubusa gukora kumutima w'Imana, ni kwakwiyiriza ubusa, usenga ukanarangwa n'ibikorwa by'urukundo.
Ese, iyo wiyirije ubusa ntuba wigomwe?
Iyo wigomwe, ese ubigenza gute?


Kenshi nakenshi uzasanga umuntu avuga ati "Ndi mumasengesho sindya" ahubwo Mubumbikire ndaba mbirya!!! cyangwa ngo ntungerageze iyo uhawe icyo kurya. 

Uku siko byakagombye kugenda ahubwo ibyo wari kurya cyangwa kunywa, ureba umuntu ubabaye maze ukabimuha. Ibyo wakagombye kurya ukabiha undi utabifite. Hano uba uri kunezeza Imana, kandi ukabimuhana urukundo.
Iyo wiyirije ubusa rero, n'ubundi nk'ubusanzwe hari ibintu bitakagombye kukuranga: intonganya, kuvuga nabi, agahinda, kurenganya abandi, kwirengagiza imirimo myiza n'ibindi byiza duhabwa n'imbuto z'umwuka wera. Kuko iyo wiyirije ubusa bihabanye n'uko Uwiteka abishaka, amasengesho yawe ntaho ajya, kandi uba urimo kwibabariza ubusa.

Nkuko tubisanga muri Yesaya 58:3-7 hatwereka neza uko twakagombye kubigenza iyo twiyirije ubusa:

[3]“Ndetse barabaza bati ‘Mbese igituma twiyiriza ubusa ntubyiteho ni iki? Ni iki gituma twibabaza ukabyirengagiza?’“Mbiterwa n'uko ku munsi wanyu wo kwiyiriza ubusa muba mubonye uko mwinezeza ubwanyu, mukagirira nabi abakozi banyu bose.

[4]Dore icyo mwiyiririza ubusa n'ugutongana no kujya impaka no gukubitana ibipfunsi by'abanyarugomo. Kuri ubu ntimukiyiriza ubusa uko bikwiriye byatuma ijwi ryanyu ryumvikana mu ijuru.

[5]Ugira ngo kwiyiriza ubuza nshima kumeze gutyo? Mbese ni umunsi umuntu yibabarizamo akubika umutwe nk'umuberanya akisasira ibigunira, akaryama mu ivu? Ibyo ni byo wita kwiyiriza ubusa, n'umunsi Uwiteka yishimira?

[6]“Ahubwo kwiyiriza ubusa nshima ni uko mwajya mubohora abantu ingoyi z'urugomo, mugahambura imigozi y'uburetwa mukarenganura abarengana, kandi mugaca iby'agahato byose.
[7]Kandi ukarekura ugatanga ibyokurya byawe ukagaburira abashonji, ukazana abakene bāmeneshejwe ukabashyira mu nzu yawe, wabona uwambaye ubusa ukamwambika, ntiwirengagize bene wanyu.

Dore ukwiyiriza ubusa kuzakora k'Umutima w'Imana. Uyu munsi rero, wakagombye kongera ukisuzuma ukareba niba kwiyiriza ubusa kwawe kunezeza Imana cyangwa kukunezeza wowe, maze wisubireho usabwe umwuka were kugukomeza mucyemezo gishya ufashe cyo kwiyiriza ubusa ugasengera m'umwuka no mukuri.

Imana idufashe.





Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...