Skip to main content

Uwiteka atabara abe!

Uwiteka atabara abe!

Imana yacu ntijya isinzira ngo maze nitugwa tubure utubyutsa. Amahoro ya Kristo Yesu abane nawe, wowe ufashe uyu mwanya ngo usome ubu butumwa.

Mwene data, ndagira ngo uyu munsi nongere nkwibutse ko Imana yacu ari nziza kandi ari inyampuhwe n'inyembabazi nyinshi kuko idahwema kutubabarira ibicumuro bya buri munsi uko bwije n'uko bukeye.

Kuva igihe wemeye guhindukira ukareka kwitwara nk'uko ab'iyisi bitwara, ukanga icyaha, ukubaha Imana ari nako utunga umutima uyitinya, wahawe ubushobozi bwo kwitwa Umwana w'Imana. Iyo ukijya mugakiza, wumva uramutse upfuye wahita ujya mw'ijuru. Ariko hari nigihe iyo umaze igihe mugakiza bigeraho zimwe mungeso zawe nziza zo kwiyegereza Imana nko Gusenga, kwiyiriza ubusa cyangwa kurangwa n'ibikorwa bya gikristo bigeraho ukumva umuvuduko usa nkugabanutse utazi uko byaje. Uritonde kuko sekibi aba ari maso yiteguye kukugusha, hahandi watinyaga icyaha ugatangira kumvako nugikora ari ntakibazo kuko utacyumva bwa bukana bw'uburakari bw'Imana ahubwo kubera akamenyero ko kumva warakijijwe, ukumva ko ntacyo bitwaye. 

Mwene data, aha ndagirango nkubwire y'uko satani yishimira abameze batya kuko bimworohera cyane kugufatisha akakugusha maze akegukana wamwanya wari waremereye guha Imana igihe wakiraga Yesu Kristu nk'Umwami n'Umucunguzi mubuzima bwawe (Abaroma 10:9-10). 

Iyo bikugendekeye bitya, byakabaye byiza wongeye ukiyibutsa isezerano wahaye Imana yawe igihe wakizwaga ko uzayikorera, ukongera ukihana ibyaha byawe byose, maze ukarahira imbere y'Imana ko utazongera kwitwara uko ubishaka ahubwo ugomba kwitwara nkuko Imana ibishaka.

Ahantu uzamenya ko Imana ikiri kumwe nawe, ni uko rya jwi rikongorera rikubwira ko "nyamara utangiye kugwa, cyangwa nyamara ibyo urimo bizatuma uhemukira Imana" ridahwema kukubwiriza cyangwa nanone uzasanga uwiteka aki gutabara mugihe ugiye kugwa agacisha hirya umutego w'umwanzi kugira utagwa. Imana yacu itabara abayo kuko urukundo rwayo rurenze cyane kurusha uko twabyumva.
Uzasanga urugero wagambiriye gukora ikintu uzi mumutima wawe ko nyamara uri gusatira icyaha, ariko kuko Imana igukunda ukabona icyo kintu wagambiriye gukora habaye impinduka cyangwa impamvu itumye utakigikoze. Dore aha niho Imana ikikwereka ko ryasezerano ryo kutazagutererana ikirifite. Ariko iyo winangiye ukanga kumvira iryo jwi cyangwa ukirengagiza Imana igihe igutabaye, niko Imana ikureka kuko uba wahisemo inzira unyuramo.

Haragezeko wongera ukisuzuma ukareba ko ugitunze umutima utinya Imana cyangwa ukigitinya icyaha.

Ongera wisuzume maze ukomeze inzira wari watangiye, satani atazagushuka akakugusha kuko icyo agamije ari ukugusha abahagaze neza muri Kristo Yesu. 

Kristo Yesu adukomeze munzira ze, atwereke uko duhagaze mugakiza maze twihane (Zaburi 139: 23)

Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...