Mt 5:11
[11]“ *Namwe muzahirwa ubwo bazabatuka bakabarenganya, bakababeshyera ibibi byinshi babampora* .
Gutukwa ibitutsi kubwa Kristo, iyo tubyemeye, biduhindukira Umugisha.
Kimwe mubica intege abantu b'Imama n'uko iyo yasuwe n'umwuka wera akamusaba guhindukira kugirango akizwe, n'ubwoba n'isisoni zo guhinduka mumyitwarire no mu mivugire, kuko abo ugendana nabo batangira kubona ko wahindutse kuko uzaba utagishaka kugendera munzira zabo cyangwa gusangira nabo cyangwa kuvuga ibyo bavuga cyangwa kuganira ibiganiro byabo bibi, bazaguseka banagutuke baguhe amazina yubundi bwoko no kugucyurira kuko uzaba utagisa nkabo.
Ubwo bwoba cyangwa isoni iyo bikuganje gufata icyemezo cyo guhinduka mushya biba bikunaniye ukabura ingororano zawe kuko watinye ibitutsi, amagambo azavugwa kuri wowe ukagira isoni kuko wahindutse.
Ijambo ry' Imana uyu munsi rirakubwira ngo nibagutuka kuko wahindutse ukaba mushya (ibyakera byose biba byahise) uzabareke babikore wowe ukomeze inzira watangiye ibyo byose ntibiguce intege nibiba ngombwa ujye uceceka kuko uba uhiriwe kuberako Kristo yabivuze, uba uri guhorwa kubwe.
Nkunda ahantu Kristo yangaga gusubiza ibya yabaga abajijwe cyangwa abwiwe atari uko yaburaga ibisubizo cyangwa s' uko yasuzuguraga ahubwo kuko yabonaga avuze batabyumva kuko atari ab'umwuka, agahitamo guceceka kugirango yirinde impaka (Ingero, wasoma muri Matayo 26:62-63 na 15:3-5).
Ntiwange gutukwa kuko nutukwa bizatuma utanezerwa!!
*Ntiwinezeze wowe ahubwo unezeze Imana*
Rom 15:3-4
[3]kuko Kristo na we atinejeje nk'uko byanditswe ngo “Ibitutsi bagututse byangezeho.”
[4]Ibyanditswe kera byose byandikiwe kutwigisha, kugira ngo kwihangana no guhumurizwa bitangwa na byo biduheshe ibyiringiro.
Emera uhinduke, wange icyaha. Inzira wabagamo uzihindure. Shikama, uzatukwa wangwe kubera Kristo, aha niho abana b'Imana barwanira intambara yo mumwuka yo kwemera ugatukwa kubwa Kristo kuko ingororano yabemera gutukwa iba yandikishijwe mw' ijuru.
Imana igukomeze kuko wowe wahindutse, ukarwanya imbaraga za satani ukanga icyaha, Imana irikumwe nawe.
Nawe watinyaga, uyu munsi fata icyemezo uhinduke, ureke abagutuka nabakwanga babikore kuko ntibarasobanukirwa arinako ubasabira Imana Data ngo basurwe nabo bamenye ukuri.
Imana ikomeze kuduha ubuzima kandi n'ibishaka tuzongera kubaho
Comments
Post a Comment