Agaciro uha ibyanditswe byera/ bitagatifu
Sinshidikanya ko ubayeho utari wumva ko " tugomba gukundana nkuko Kristo yadukunze, tugakunda bagenzi bacu nkuko twikunda ubwacu." Kenshi tuvuga ko ibi bidashoboka, ko turi mw'isi ntawabishobora nyamara tukaguma muri ibyo kugirango duhe imitima yacu impamvu ituma twumva ko niba ntawabikora ubwo natwe tutabikora.
Ikosa rikomeye ni ukumenya ko ikintu ari cyiza nyamara ntugikore kubera kwemera gutegekwa na kamere muntu itubuza gukora ugushaka kw'Imana. Kristo yaravuze ngo " ibyo ntibishobokera umuntu ariko ku Mana birashoboka (Matayo 19:26) iyo wiyemeje gukurikira Kristo ukagenza nkuko Abe bagomba kubigenza.
Intambwe uteye yambere iba ihagije ko ubigeraho kuko Kristo akenshi ahera kuntambwe yacu yambere nawe akagushoboza gukora ibisigaye.
Ese Gukunda mugenzi wawe nk'uko wikunda birashoboka?
Yego birashoboka. Bisaba ko ubwawe ubanza ukikunda. Kwikunda rero bisobanuye kubanza ukareka ikintu cyose gishobora gutuma udasabana n'Imana. Iyo iyi ntambwe wiyemeje kuyitera, Kristo agushoboza izisigaye.
Aha niho wumva ubushobozi n'ubutware bwo kutongera kwitwara nkuko Kamere igutegeka ahubwo ukanezezwa no kubona wari ugiye kurya ariko kuko uzi ko hari umuntu ubabaye hanze y'inzu yawe ukabyigomwa ukabimuha, wabona hari uwambaye ubusa ukamwambika. Uwo mutima niwo ukunda abandi nkuko wikunda kuko iyo wigomwe ikintu kugirango undi akibone uba umukunze nkuko wakwikunze. Kwigomwa rero si uguha umuntu ikintu kuko uhaze, s'uko wanze kubimena kuko byasigaye, si uko umwenda utakiwambara kuko ushaje cyangwa utakigezweho ahubwo ugatanga icyari kigufitiye umumaro. Uku Niko gukundana Kristo atwigisha nkuko we yigomwe icyubahiro cye mw'Ijuru aza kwisi yemera kwambara icyaha nkatwe kugirango turonke ubuzima Buzima.
Mwene data, ntubererekere satani ngo nawe uvuge uti ntibishoboka ko wakunda undi nyamara ufite imyambaro ijana, inzu yawe itabura Ibiryo umena n'ibindi ugundira wanze kurekura kubera kwikunda gusa.
Saba Imana ubushobozi, Ibutsa Kristo ko yavuze ko Ku Mana bishoboka maze utere intambwe yambere nawe agushoboze izisigaye. Witegereza, byiyemeze uyu munsi, irengagize abaguseka, abakuvuga ngo wahindutse, ntugire isoni ko nibabimenya bazaguseka. Ibyo nibirangaza sekibi agusitazisha ngo udakora ugushaka kw'Imana kugirango Imana idaheshwa icyubahiro kiyikwiriye.
Dusenge
Mana Data ny'irijuri n'isi. Wowe ushobora byose ukabishoboza nabiyemeje kwitamba kubw' icyubahiro cyawe. Urakoze ko uyu munsi namenye ko mbishoboye gukunda bagenzi banjye nkuko nikunda kandi nkuko Kristo yadukunze. Uyu munsi ndabyiyemeje unshoboze intambwe yambere, umpe ibyo kurya mbone uko mbiha abatabifite, umpe umwambaro mbone uko nambika abambaye ubusa. Urakoze ko ubikoze. Icyubahiro kibe icyawe none n'iteka ryose. Amen
Comments
Post a Comment