Fata ingamba nshya z'umwaka mushya
Amahoro y'Imana abane namwe.
Mfashe uyu mwanya nandika ubu butumwa maze kubona ko iyo umwaka umwe ushize undi ukaza, abantu benshi bafite ibyerekezo bitandukanye bafata ingamba nshya m'umwaka mushya. Ndagirango uyu munsi nawe ugejejweho ubu butumwa gufata umwanya ukongera ugatekereza kungamba nshya wafata mumwaka mushya tugiye gutangira kugirango habeho gukura muburyo bumwe cyangwa ubundi ariko nkwingingira no kwibuka gufata ingamba nshya muburyo bw'umwuka.
Ushobora kuba usenga, wiyiriza ubusa ushaka Imana, ufasha abatishoboye, abanyantege nke ariko uburyo ubikora bushobora kuba atari ubw'umwuka kuko wenda ubikora kugirango bakubone cyangwa bakwemere. Gufata ingamba nshya rero bituma habaho gukura no kwaguka muburyo bwose kuko uba usa nk'uwabaye mushya.
Gutekereza gufata ingamba nshya muburyo bwo mumwuka ningamba Nziza navuga ziruta izindi kuko ntabyo wanganya kubaho uharanira kubaha Imana.
Ijambo ry'Imana ntiritwereka gusa aho tugira neza ahubwo ritwibutsa naho tutakigenza Neza. Aho nasomye mu *Ibyahishuwe 2:2-5* hatwereka uko wafata ingamba nshya bitewe naho utagikora Neza ukongera ukisuzuma.
Haravuga ngo
_[2]‘Nzi imirimo yawe n'umuhati wawe no kwihangana kwawe, kandi nzi yuko utabasha kwihanganira abanyageso mbi, n'uko wagenzuye abiyita intumwa kandi atari zo, ukabona ko ari abanyabinyoma.
[3]Uzi kwihangana kandi warenganirijwe izina ryanjye ntiwacogora.
[4]Ariko rero mfite icyo nkugaya, ni uko waretse urukundo rwawe rwa mbere.
_*[5]Nuko ibuka aho wavuye ukagwa wihane, ukore imirimo nk'iya mbere kuko nutabikora nzaza aho uri, nkūre igitereko cy'itabaza cyawe ahacyo nutihana._*
Uru ni urwandiko rwandikiwe itorero rya efeso, natwe nkitorero riratureba. Hari ubwo tubona dukora Neza ariko twakagombye kongera tugasaba Imana ikaturondora kugirango nahahandi tutagenza neza tuhamenye maze twihane ari nako dufata ingamba nshya.
Ingamba nshya rero muburyo bw'umwuka n'izi gufasha kudasubira hahandi hatuma ugwa ukava mubusabane n'Imana.
Indi ngamba ni uguharanira gushimwa n'Imana. Haricyo Imana yagushimira. Ni uko ukora ibyo ishima
Ibyah 2:6
[6]Ariko rero ufite icyo ngushimira, ni uko wanga imirimo y'Abanikolayiti, iyo nanjye nanga.’
Imirimo Imana yanga niyayindi yose ukora uwiteka yanga. Urugero, kwifatanya n'ababi ( *1 Kor 15:33*
[33](Ntimuyobe, kwifatanya n'ababi konona ingeso nziza.) Bagushora mubitanezeza Imana nkibyo dusanga mu *Abaroma 13:13-14* nkuko hatubwira ngo
[13]Tugendane ingeso nziza nk'abagenda mu mucyo, tutagira ibiganiro bibi, tudasinda, tudasambana, tudakora iby'isoni nke, tudatongana kandi tutagira ishyari.
[14]Ahubwo mwambare Umwami Yesu Kristo, kandi ntimuhe urwaho imibiri yanyu ngo ibone uko ikora ibyo yifuza.
Uku niko twafata ingamba nshya muburyo bw'umwuka noneho tugafata ingamba zindi muburyo bw'umubiri nko gukorana umurava, nibindi.
Birakwiriye ko twisuzuma tugafata ingamba nshya bityo tukabana n'Imana mubusabane nayo ariko tuyitambira imibiri yacu nk'ibitambo bishimwa n'Imana ariko kuyikorera nyakuri.
*Efeso 4:25*
[25]Nuko mwiyambure ibinyoma, umuntu wese avugane ukuri na mugenzi we, kuko turi ingingo za bagenzi bacu.
*Kolosayi 3:8*
[8]Ariko none mwiyambure ibi byose: umujinya n'uburakari, n'igomwa no gutukana, kandi ntihakagire amagambo ateye isoni aturuka mu kanwa kanyu.
*1 Petero 2:1*
[1]Nuko mwiyambure igomwa ryose n'uburiganya bwose, n'uburyarya n'ishyari no gusebanya kose,
*Rom 12:17-18*
[17]Ntimukīture umuntu inabi yabagiriye. Mwirinde kugira ngo ibyo mukora bibonekere abantu bose ko ari byiza.
[18]Niba bishoboka, mu rwanyu ruhande mubane amahoro n'abantu bose.
Nsoje mbinginga nanjye nisuzuma kugirango tujye inama dufate ingamba nshya dusabana n'Imana. Ingamba nshya zizatume abatizi Imana, bayimenya bakanayiyoboka kuko bazaba bayitubonyemo nkuko tubwirizwa muri
*1 Petero 2:12*
[12]Mugire ingeso nziza hagati y'abapagani, kugira ngo, nubwo babasebya nk'abakora nabi, nibabona imirimo yanyu myiza, izabatere guhimbaza Imana ku munsi wo kugendererwamo.
Reka Imana imenye ingamba nshya zawe z'uyu mwaka mushya nawe izakwemerera ikuyobore kuko isezerano ryayo ari ukutaza dusiga cyangwa kuduhãna kuko umushatse wese amubona n'umusabye wese yizeye ahabwa ibyo yasabye.
Mugire iteka amahoro y'Imana
Amahoro y'Imana abane namwe.
Mfashe uyu mwanya nandika ubu butumwa maze kubona ko iyo umwaka umwe ushize undi ukaza, abantu benshi bafite ibyerekezo bitandukanye bafata ingamba nshya m'umwaka mushya. Ndagirango uyu munsi nawe ugejejweho ubu butumwa gufata umwanya ukongera ugatekereza kungamba nshya wafata mumwaka mushya tugiye gutangira kugirango habeho gukura muburyo bumwe cyangwa ubundi ariko nkwingingira no kwibuka gufata ingamba nshya muburyo bw'umwuka.
Ushobora kuba usenga, wiyiriza ubusa ushaka Imana, ufasha abatishoboye, abanyantege nke ariko uburyo ubikora bushobora kuba atari ubw'umwuka kuko wenda ubikora kugirango bakubone cyangwa bakwemere. Gufata ingamba nshya rero bituma habaho gukura no kwaguka muburyo bwose kuko uba usa nk'uwabaye mushya.
Gutekereza gufata ingamba nshya muburyo bwo mumwuka ningamba Nziza navuga ziruta izindi kuko ntabyo wanganya kubaho uharanira kubaha Imana.
Ijambo ry'Imana ntiritwereka gusa aho tugira neza ahubwo ritwibutsa naho tutakigenza Neza. Aho nasomye mu *Ibyahishuwe 2:2-5* hatwereka uko wafata ingamba nshya bitewe naho utagikora Neza ukongera ukisuzuma.
Haravuga ngo
_[2]‘Nzi imirimo yawe n'umuhati wawe no kwihangana kwawe, kandi nzi yuko utabasha kwihanganira abanyageso mbi, n'uko wagenzuye abiyita intumwa kandi atari zo, ukabona ko ari abanyabinyoma.
[3]Uzi kwihangana kandi warenganirijwe izina ryanjye ntiwacogora.
[4]Ariko rero mfite icyo nkugaya, ni uko waretse urukundo rwawe rwa mbere.
_*[5]Nuko ibuka aho wavuye ukagwa wihane, ukore imirimo nk'iya mbere kuko nutabikora nzaza aho uri, nkūre igitereko cy'itabaza cyawe ahacyo nutihana._*
Uru ni urwandiko rwandikiwe itorero rya efeso, natwe nkitorero riratureba. Hari ubwo tubona dukora Neza ariko twakagombye kongera tugasaba Imana ikaturondora kugirango nahahandi tutagenza neza tuhamenye maze twihane ari nako dufata ingamba nshya.
Ingamba nshya rero muburyo bw'umwuka n'izi gufasha kudasubira hahandi hatuma ugwa ukava mubusabane n'Imana.
Indi ngamba ni uguharanira gushimwa n'Imana. Haricyo Imana yagushimira. Ni uko ukora ibyo ishima
Ibyah 2:6
[6]Ariko rero ufite icyo ngushimira, ni uko wanga imirimo y'Abanikolayiti, iyo nanjye nanga.’
Imirimo Imana yanga niyayindi yose ukora uwiteka yanga. Urugero, kwifatanya n'ababi ( *1 Kor 15:33*
[33](Ntimuyobe, kwifatanya n'ababi konona ingeso nziza.) Bagushora mubitanezeza Imana nkibyo dusanga mu *Abaroma 13:13-14* nkuko hatubwira ngo
[13]Tugendane ingeso nziza nk'abagenda mu mucyo, tutagira ibiganiro bibi, tudasinda, tudasambana, tudakora iby'isoni nke, tudatongana kandi tutagira ishyari.
[14]Ahubwo mwambare Umwami Yesu Kristo, kandi ntimuhe urwaho imibiri yanyu ngo ibone uko ikora ibyo yifuza.
Uku niko twafata ingamba nshya muburyo bw'umwuka noneho tugafata ingamba zindi muburyo bw'umubiri nko gukorana umurava, nibindi.
Birakwiriye ko twisuzuma tugafata ingamba nshya bityo tukabana n'Imana mubusabane nayo ariko tuyitambira imibiri yacu nk'ibitambo bishimwa n'Imana ariko kuyikorera nyakuri.
*Efeso 4:25*
[25]Nuko mwiyambure ibinyoma, umuntu wese avugane ukuri na mugenzi we, kuko turi ingingo za bagenzi bacu.
*Kolosayi 3:8*
[8]Ariko none mwiyambure ibi byose: umujinya n'uburakari, n'igomwa no gutukana, kandi ntihakagire amagambo ateye isoni aturuka mu kanwa kanyu.
*1 Petero 2:1*
[1]Nuko mwiyambure igomwa ryose n'uburiganya bwose, n'uburyarya n'ishyari no gusebanya kose,
*Rom 12:17-18*
[17]Ntimukīture umuntu inabi yabagiriye. Mwirinde kugira ngo ibyo mukora bibonekere abantu bose ko ari byiza.
[18]Niba bishoboka, mu rwanyu ruhande mubane amahoro n'abantu bose.
Nsoje mbinginga nanjye nisuzuma kugirango tujye inama dufate ingamba nshya dusabana n'Imana. Ingamba nshya zizatume abatizi Imana, bayimenya bakanayiyoboka kuko bazaba bayitubonyemo nkuko tubwirizwa muri
*1 Petero 2:12*
[12]Mugire ingeso nziza hagati y'abapagani, kugira ngo, nubwo babasebya nk'abakora nabi, nibabona imirimo yanyu myiza, izabatere guhimbaza Imana ku munsi wo kugendererwamo.
Reka Imana imenye ingamba nshya zawe z'uyu mwaka mushya nawe izakwemerera ikuyobore kuko isezerano ryayo ari ukutaza dusiga cyangwa kuduhãna kuko umushatse wese amubona n'umusabye wese yizeye ahabwa ibyo yasabye.
Mugire iteka amahoro y'Imana
Comments
Post a Comment