Gukizwa, Kwakira Kristo si ukuyoba si no gusara.
Uburyohe buba mw'isi bwo gukora ibyo ushaka uyobowe n'irari ry'umubiri nko gusinda, gusambana, ubugome, ibiganiro bibi ngo winezeze, guhakwa ugaca inzira zitejejwe nko gutanga ruswa, kwemera ugatanga umubiri wawe, kugendana n'udutsiko tw'abantu badakijijwe, bituma utera utwatsi amagambo yose aguhamagarira gukizwa.
Gukizwa rero n' icyemezo ufata wowe ubwawe igihe cyose wumva ko wagenderewe n' Imana wumva ijwi rigusaba guhindukira ukava mubidatunganye by'ubwoko bwose maze ukaba mushya muri Kristo Yesu.
Ndahamya ko atari ubwambere wumvishe ko Kristo yanga icyaha, si n' ubwambere wumvise ko tugomba kureka icyaha kugirango tubashe kwezwa maze tubone ubugingo buhoraho hamwe na Kristo. Niba ari ubwambere wumvishe ko Icyaha atari kiza mumaso h'Imana, menyako Uwiteka ashaka ko nawe uza ukaba ishyanga ryera akagukoresha imirimo ye. Arifuza ko uyoborwa n'umwuka wera akaguha inshingano.Ariko niba atari ubwambere wumvishe ko icyaha atari cyiza, ni iki ukora kugirango ukiranuke burundu ureke ubusambanyi, ubujura, ubusinzi ngo uhindukire burundu uve mubidatunganye.
Rimwe na rimwe kubera kuryoherwa n'isi bamwe babona ko Guhindura inzira, kuva mubidatunganye biteye isoni kuko abantu bazakwibazaho cyane kuko wahindutse. Ariko ndagira ngo nkubwire ko Hahirwa wowe uzahindukira ukareka ikibi cyose kubera Kristo. Niwe wavuze ko atazigera adutererana cyangwa ngo aduhane kuko ariwe nyir'ubwo bushobozi bwose. Azagufata ukuboko, agukomeze akurinde murizo nzira nshya uzaba wiyemeje gukurikira maze agukurireho igihu cyose kikuri mumaso gituma utabona Neza iby'umwuka anagufungure amatwi ujye wumva gutandukanye nk'uko abisi bumva.
Reka abazakwanga bakwange kuko wihannye, bagutuke kuko wakiriye Kristo Yesu. Bazakwita umusazi bakuveho abo bose mwafatanyaga kera. Ariko kuko uzaba wemeye ko wari warapfuye kubera kwibera mubyaha ariko ukazuka kubera wemeye kubivamo ukahesha Imana icyubahiro kiyikwiriye, uyoborwa n'umwuka wera kuko uba wapfuye kuri kamere muntu maze ukabaho wera imbuto z'umwuka wera ari nako abo wagendanaga nabo bazageraho nabo bakibaza impamvu ki zituma bo batagenza nkawe aha niho kwera imbuto Nziza kwawe kuzazana benshi imbere y'intebe y'imbabazi z'Imana bagakizwa gusa kubera imbuto webereye.
Ibi byose turabizi ariko usanga tubyirengagiza kuko dufite ubwoba bw'uko abantu nibamenya ko twakijiwe bazatwumva, bazadufata cyangwa kwanga gutukwa no gusekwa n' abantu, cyane cyane kwanga ubwoba bwo kurekura uburyohe bw'isi kuko ngo iby'Imana bigoye, ntawabishobora ngo n'ababirimo ntacyo bibamariye. Wowe fata ingamba n'icyemezo urekure ibituma ukora icyaha, ureke ibyo byose bazavuga urangamire Kristo Yesu wihane ibyaha byawe byose kimwe kukindi nkuko ukivuga mw'izina, wiyemeze kutazasubirira inzira zacyo maze usabe imbaraga Umwuka wera agushoboze kuko kubwawe bigoye maze ushimire Imana ko ikwakiriye ikakubabarira maze ube mushya ari nako uhabwa ubugingo bushya muri Kristo Yesu kuko birimo inyungu kwitwa no kuba Umwana w'Imana.
Imana igushoboze wowe wemeye kumva ukanafata icyemezo cyo kwihana.
Comments
Post a Comment