Skip to main content

Urwandiko rwawe

Wandikiwe!

Mukristo mwene data, amahoro aturuka mw'ijuru abane nawe nkuko Kristo ayatanga kubamwizeye bose bakanamwakira mubuzima bwabo.

Uyu munsi nejejwe no kukwandikira, niba nawe uri umwe mubatifatanya n'abantu b'iyi si ngo urangwe n'imico idakwiriye abana b'Imana. Sinshaka kukwandikira byinshi kuko wowe nanjye dufitanye isano kuko twabyawe bundi bushya muburo bw'umwuka tukaba tutakigendera muri za ngeso mbi nkuko twabigenzaga kera kuko Yesu yatwogeje mu y'amaraso ye.

Ijuru rihora ridushima kuko duharanira gukora ibyo Data wo mw'ijuru ashima ndetse tukagira n'umwete wo kugabura iby'ijambo rye nkuko natwe yaritumenyesheje tukimara kwihana ibyaha tukanga zanzira za kera twagenderagamo tukiri ab'umwijima, nkuko twagiriwe ubuntu. Imana izi uko tubayeho, kandi ko tutajya tureka ngo ibyaha bituganze ahubwo tugakora ibishoboka ngo dushikame k'umwami Yesu, we rufatiro rukomeye kandi tukanumvira ijwi ry'umwuka wera ridahwema kutuvugisha ngo twitonde tutagwa. Imana izi imigendere yacu n'imihagurukire yacu, imitekerereze yacu ndetse n'uko tuvuga. Ntanakimwe dukora itabizi cyangwa hagire ikitugeraho nk'ikigeragezo ngo ibure kudutabara. Kuko n'ubundi bitugeraho yabyemeye.

Nakozwe k'umutima n'ijambo rimwe ryankebuye nibuka ko nawe ryakugirira akamaro, tukibuka uru rugendo turimo ko n'ubwo duharanira kwezwa nkuko Imana yabiduhamagariye no gukiranuka nkayo, Satani atishimira buri ntambwe duteye dukura mu buryo bw'umwuka, akadutega udutego duto nyamara iyo tutabyitayeho usanga tugawa n'Imana.

Soma ibyahishuriwe Yohana (Ibyahishuwe) 2:1-7 urasanga ko aya magambo nkubwiye rwose twayandikiwe kugirango twibuke aho twavuye tukagwa maze twihane, ariko kwezwa kuzuye Imana yishimira. 
Nkwandikiye ngira ngo ngusabe nawe nkuko nanjye ntahwema kubikora, kwisuzuma ngo wongere urebe niba utarigeze ugabanya cyangwa ureka rwa rukundo rwawe rwa mbere.

Wenda kera wafashaga abakene, ugasura abarwayi, ukarenganura abarengana, impfubyi n'abapfakazi ukabitaho, ariko uyu munsi ushobora kuba utakibikora cyangwa warabigabanyije. Ese wabitewe n'iki?

Niba nkwandikiye ariko ukumva umutima wawe ntacyo wishinja, ibuka ijambo ritureba rituburira ngo: Niba twibwira ko duhagaze, twitonde tutagwa (1 korinto 10:12). Nawe shikama, itonde utagwa ukibagirwa urukundo rwawe rwa kera.

Yari mwene so ugukunda ugusaba kumusabira maze twese tukazahurira muri Ya juru nshya Yesu yaduteguriye.

Gira amahoro n'urukundo.

Comments

Post a Comment

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Ni gute watunga Umutima Utinya Imana

Gutunga Umutima Utinya Imana Kugirango umukoresha wawe akwishimire ni uko wubahiriza amahame n'amabwiriza aguha mu kazi kawe kaburi munsi bityo ukarangwa no kugira umusaruro uhoraho. Iyo uzi neza ko n'uramuka ukoze ibihabanye n'ibyo yagusabye, ushobora kubura akazi kawe, na wa musaruro wavanaga mukazi. Iyo uzi neza ko umukoresha wawe ari hafi yawe, yaba akureba cyangwa atakureba, ntushobora gukora ibihabanye n'amabwiriza y'akazi. Ibi tubyita Kubaha umukoresha, bivuga ko utinya gukora ibibi hato utazabura ka kazi kawe.   Iyo wubaha umukoresha wawe, cyangwa undi muntu, utinya gukora ibyo adashaka kuberako uzi neza ingaruka zo kubahuuka. Hano, umukoresha yagereranywa n'Imana naho umukozi akaba wowe wakiriye Kristo Yesu. Ese twakagombye gutinya Imana? Yego. Tugomba gutinya Imana kuko tuyubaha. Umuntu wese utinya, byitwa ko uba umwubaha. Dore icyo ijambo ry'Imana ridusaba:    Imigani 8:13 [13]KÅ«baha Uwiteka ni ukwanga ibibi,Ubwibone n...