Iminsi icyenda yo gushaka ukuboko kw’Imana! Iyi ni inzira natekereje ko washaka Imana kugirango ireme amashimwe n’ubuhamya maze nawe ubashe kubwira abatazi imbaraga z’Imana ko hejuru hari Imana isumba byose ibasha gukora ibiruta ibyo twe twibwira. Igihe uhisemo gushaka Imana, uyishakashakana umwete wose, usenga ubudasiba, ushobora kwiyiriza ubusa, ugasoma ijambo ryayo buri munsi maze ukarangwa nibitunganye byose (ibiganiro byiza birimo amagambo atanga umugisha, gufasha abakene, kubabarira, kwicisha bugufi no guhimbaza Imana mundirimbo no muri zaburi). Uko iyi minsi nayitondetse, ninjye wabitekerejeho uko roho mutagatifu yagiye amfasha. Ibyo dusabwa ni ukwizera gusa. =============================================================================== Umunsi wa mbere: Banza wiyeze Menyako kuba waratekereje gushaka Imana ntujye mubidatunganye kugirango ibibazo ufite bikemuke,uwo mwete wonyine Imana izawuguhembera. Soma 1petero 4:8. Hari byinshi bikidutinza kugana inzira z’Imana...
1 Pet 4:10-11 [10]kandi nk'uko umuntu yahawe impano abe ari ko muzigaburirana, nk'uko bikwiriye ibisonga byiza by'ubuntu bw'Imana bw'uburyo bwinshi. [11]Umuntu navuga avuge nk'ubwirijwe n'Imana, nagabura ibyayo abigabure nk'ufite imbaraga Imana itanga, kugira ngo Imana ihimbazwe muri byose, ku bwa Yesu Kristo nyir'icyubahiro n'ubutware, iteka ryose. Amen.