Skip to main content

Shaka amahoro y'Imana

Shaka amahoro y'Imana

Kenshi na kenshi mubuzima bwacu bwa buri munsi, bigera aho umuntu yumva yakwiyahura, cyangwa atashobora kugira ikindi akora kuberako umutima we ufite byinshi wishinja.

Ibi byose bibaho bitewe n'impamvu nyinshi, nko guhora ubona abandi batera imbere wowe bakagusiga, abo mwagendanaga bakagira intambwe batera ariko wowe ntibiguhire, cyangwa se ugasanga kera hari ibyo wakoze bitari byiza ariko utagifite uko wacyemura ikibazo wateje.
Urugero: ushobora kuba warahutaje umuntu ukaba uzi neza ko wamubabaje ariko ntiwigeze umusaba imbabazi, ushobora kuba hari ikintu cyabandi wangije ukabeshya ko atari wowe, ushobora kuba warajyanye ibyabandi ntaruhushya ntubisubizeyo banyirabyo bakabibura bakaba banashaka ibindi kubera umumaro byari bibafitiye, n'ibindi byinshi bisa nkibi wowe uzi ko wakoze wakwihaho urugero.

Ibi byose rero bituma ubura amahoro mumutima wawe kuburyo mugihe utari wabikemura wumva ko ntakindi wakora kiguhire...Nyamara kubura ayo mahoro ni intambwe yambere yo gushaka imbabazi z'Imana kuko ukuntu umutima wawe uba washenjaguwe niko ugomba kuwujyanira Yesu maze ukababarirwa, akakubohora!

Kuki wumva nt'amahoro?

Ni uko hari ijwi riba rikwibutsa inabi wakoze, rigusaba kwihana, cyangwa ibyo utatunganije ugomba gutunganya. Iyo utari wihana rero bituma hari intambara udahwema kurwana mumutima wawe ariko ugenda ubura amahoro (Intambara yo mu mwuka). 

Amahoro y'Imana rero aba mubo Imana yishimira nkuko tubisobanurirwa muri Luka 2:14
[14]“Mu ijuru icyubahiro kibe icy'Imana,No mu isi amahoro abe mu bo yishimira"

Ni ukuvuga, iyo ubuze ayo mahoro, wari ukwiriye kubanza ukibaza niba koko uri uwo Imana yishimira? Imana yishimira abagendera munzira zitunganye rwose. Kuko bene abo badashobora bayoborwa n'umwuka wera bakaba batakora ibyo Imana yanga nkibyo twatanzeho ingero aho hejuru. 

Ese Ubona uko ubaye Imana ikwishimira? Amahoro yawe wabuze ubona urengana?

Cyemura ibitaracyemuka.

Niba waribye, subiza ibyo wajyanye.
Niba hari uwo wabwiye nabi akakureka, mushake umusabe imbabazi. Yaba atakiri kumwe nawe, wenda yarapfuye cyangwa yaragiye aho utakongera kumubona ukaba utazi naho aherereye, bigusaba byose kubyereka Imana mu isengesho ryawe ryo Kwihana.
Niba hari uwo warenganyije, murenganure
Niba hari ibyo utigeze utunganya, bitunganye
Niba hari ibyo wiyemeje kutazakora kandi ari byiza, iyemeze kubikorana umutima wose (urukundo, guca bugufi, kugira ingeso nziza, ubugwaneza nibindi bisa nkabyo).

Dufate urugero kuri Zakayo.....Igihe Yashatse kubona Yesu, Yesu yaramusuye  bajyana iwe....

Luka 19:8-9

[8]Maze Zakayo arahaguruka abwira Umwami Yesu ati 
“Dore Databuja, umugabane wa kabiri w'ibintu byanjye ndawuha abakene, 
kandi umuntu wese nambuye ndabimuriha kane.
[9]Yesu aramubwira ati “Uyu munsi agakiza kaje muri iyi nzu
kuko na we ari umwana wa Aburahamu,

Iyo umaze kumenyako ugomba gushaka Yesu, wemera ko aza iwawe maze agahindura amateka y'ubuzima bwawe. Nikimwe rero nko gushaka amahoro y'Imana. Wemera ko Kristo Yesu aba ariwe ukuyobora, akakubwira ibyo wakoze bitari byiza maze ukemera kwisubiraho (KWIHANA). 

Ibi byose iyo umaze kubikora, usanga utunze umutima utagucira imanza.

Iyo umaze gusubira amaso inyuma usanga wari warahemutse cyane, ariko kuko uba utakifuza kongera guhemuka, ushaka inzira zo kwiyeza, ugashimisha Imana kuko iyo wihanye Imana nayo irakwishimira. Aha ni ho utazigera wicira imanza narimwe akaba ari ko uhabwa AMAHORO mumutima wawe.

Mwene data ndifuza ko usubiza amaso inyuma ukareba aho wahemutse cyangwa uwo wahemukiye maze WIHANE. 
Saba Imana ko yakurondora, ikwereka inzira zose zibibi wari urimo, ibyo utigeze utunganya maze ubitunganye uronke amahoro aturukura mw'Ijuru

DUSENGE

Zab 139:23-24
[23]Mana, ndondora umenye umutima wanjye,Mvugutira umenye ibyo ntekereza.
[24]Urebe yuko hariho inzira y'ibibi indimo,Unshorerere mu nzira y'iteka ryose.

Imana iguhe umugisha.


Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...