Skip to main content

Uko wakwica kamere zigutandukanya n'Imana

Uko wakwica kamere zigutandukanya n'Imana!


Kamere muntu niyayindi igushuka ikakujyana mubidatunganye, hahandi wumva ko ugomba kwihaza nkuko umubiri wawe ubigutegeka!

Ibyo kamere muntu iba ishaka akenshi usanga aribyo Imana iba yanga.

Ijambo ry'Imana dusanga mu Abagalatiya 5:17  hatwereka ibyo kamere muntu ihora ikora. ''[17]kuko kamere irarikira ibyo Umwuka yanga, kandi Umwuka yifuza ibyo kamere yanga kuko ibyo bihabanye, ni cyo gituma ibyo mushaka gukora atari byo mukora. Aha ni hahandi uba ushaka gukora ikiza, ikibi kikagutanga imbere.

Mu Abagalatiya 5:19,20,21 hatwereka iyo mirimo yose uzasanga twifuza kudakora ariko tukagwa mumutego wa satani tugashukwa numubiri wacu, ari hahandi kamere yanga tugakora ibidatunganye. [19]Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n'iby'isoni nke, [20]no gusenga ibishushanyo, no kuroga no kwangana no gutongana, n'ishyari n'umujinya n'amahane, no kwitandukanya no kwirema ibice, [21]no kugomanwa no gusinda, n'ibiganiro bibi n'ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw'Imana.

Iyo umaze kumenya ko iyi mirimo ya kamere izakubuza kuragwa ubwami bw'Imana, ukifuza gufata intambwe yo kuyica, ugomba gutanga ikiguzi!!! 

Hahandi ibyo wabonaga ko bikunaniye ugomba KWIYEMEZA kubireka!!!

Banza wihane!!!!!!

Saba Imana umwuka wera abe ariwo ugushoboza kutazongera gukora ibyo kamere muntu igutegeka!

Uko ugomba kubireka!

Banza umenye neza ibyo kamere yawe irarikira!!

Gerageza, shiramo umwete, SENGA, iyirize ubusa usabe imbaraga z'Imana. Nugerageza ibi, uzasanga hahandi washakaga kwiba, wajya kwiba ukabura amahoro ugasanga wabiretse, waba ugiye gusambana, kuroga, kubeshya, n'ibindi ugasanga umutima wawe ukubujije amahoro, ugafata ingamba yo kubireka.

Uko ukomeza kubireka, hamwe no gusenga, usanga rwose iyi mirimo yose ya kamere igenda ipfa buhoro buhoro.

Humura, kwica kamere ntibifata umunsi umwe, bigenda biza gahoro gahoro bitewe n'umwete cyangwa ubushake washizemo igihe wiyemeje guhinduka ukabireka burundu.

Biragoye kuko hari ibyo ugomba kureka ariko birashoboka rwose.

Ahantu uzamenya ko wishe kamere burundu ni hahandi uzajya utinya kongera gukora ibyo bintu byose kamere igutegeka.

Inyungu irimo iyo wishe kamere muntu (y'umubiri)

KUYOBORWA n'Umwuka wera, ukera imbuto z'umwuka wera

Nkuko tubisanga mu Abagalatiya 5:19-23

[22]Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso nziza no gukiranuka,

[23]no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.

Muvandimwe, iyemeze utangire intambara yo kwica imirimo kamere muntu igutegeka!

Gira amahoro!


Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...