Iminsi icyenda yo gushaka
ukuboko kw’Imana!
Iyi ni inzira natekereje ko
washaka Imana kugirango ireme amashimwe n’ubuhamya maze nawe ubashe kubwira
abatazi imbaraga z’Imana ko hejuru hari Imana isumba byose ibasha gukora
ibiruta ibyo twe twibwira.
Igihe uhisemo gushaka
Imana, uyishakashakana umwete wose, usenga ubudasiba, ushobora kwiyiriza ubusa,
ugasoma ijambo ryayo buri munsi maze ukarangwa nibitunganye byose (ibiganiro
byiza birimo amagambo atanga umugisha, gufasha abakene, kubabarira, kwicisha
bugufi no guhimbaza Imana mundirimbo no muri zaburi).
Uko iyi minsi nayitondetse,
ninjye wabitekerejeho uko roho mutagatifu yagiye amfasha. Ibyo dusabwa ni
ukwizera gusa.
===============================================================================
Umunsi wa mbere: Banza wiyeze
Menyako kuba waratekereje
gushaka Imana ntujye mubidatunganye kugirango ibibazo ufite bikemuke,uwo mwete
wonyine Imana izawuguhembera.
Soma 1petero 4:8. Hari byinshi bikidutinza kugana inzira z’Imana ariko
iyo tubyanze tukabizibukira, Imana ibasha kumva ibyo tuyisaba igaduha
nibirenzeho.
Uyu munsi mbere y’uko ugira icyo saba Imana banza
wiyeze, wihane ibyaha, ibicumuro byose, wemerere Imana ko utazongera kubikora
ukundi maze usabe imbara z’umwuka wera kugukomeza munzira nshya zawe. Shimira
Imana kuba wongeye kwera mumaso hayo.
Senga ukoresheje amagambo wasomye
===============================================================================
Umunsi wa Kabiri: Izere Imana
Iyo wamaze kubabarirwa
n’Imana uba wemerewe kuyibwira ibyifuzo byawe. Kuko isengesho ry’Umunyabyaha ni
ikizira kuwiteka. Byose tubiheshwa no kwizera.
Soma Marc 11: 22-24, Matayo 21:22 no mu Abaheburayo 11:1-40. Umva neza icyo
kwizera aricyo maze nawe usenge ubwira Imana icyo umutima wawe wifuza.
Senga ukoresheje amagambo wasomye
===============================================================================
Umunsi wa gatatu: Gufungura imiryango ifunze (Noeud)
Hari
ubwo Imana iduha ibigeragezo kugirango tubashe kuyishaka. Ibuka ko itifuza
nagato ko twakorera izindi Mana uretse yo rukumbi. Ibi bigeragezo biza
bitwereka ko ntawundi Wabasha kubivanahao uretse Imana. Ijambo ry’Imana ritubwirako
Imana itaduha ibigeragezo tutabasha kurenga, iduha ninzira imwe rukumbi yo
kubitsinda---ISENGESHO ryerekeje umutima kuri yo.
Soma
Mariko 9:28-29 no muri Esaie 58: 5-7, 9 na 12.
Senga ukoresheje amagambo wasomye
Note Uyu munzi wo
kuwagatatu byakabaye bwyiza wiyirije ubusa ugasenga cyane kuko ari umunsi
wingingaho Imana gufungura ibyo byananiranye bikikubera imbogamizi. Imana ica
inzira naho zitari.
===============================================================================
Umunsi wa kane: Imana ibasha gukora ibirenze ibyo twibwira
Ntanakimwe kigeze
kunanira Imana kuko ariyo ishobora byose. Ibuka indwara nyinshi yakijije,
abantu yazuye, ibitangaza byinshi yagukoreye! Ntaruhare twabigizemo ariko byose
tubihabwa kubw’ ubuntu bwayo bwinshi n’urukundo idukunda.
Soma Abefeso 3:20 no muri Luka 11: 9-10
Senga ukoresheje amagambo wasomye
===============================================================================
Umunsi wa gatanu: Icyo uzasaba cyose mw’Izina rya Yesu, uragihabwa.
Yesu ni we nzira,
ukuri n’ubugingo
Soma Yohana 14:13, Yohana 15:16.
Senga ukoresheje amagambo wasomye maze
ubyibutse Imana.
================================================================================
Umunsi wa gatandatu: Sengera guhindurwa kw’Imigambi y’abantu
Imana niyo ibasha
guhindura imigambi y’abantu.
Soma Daniyeri 9:17-19.
Senga ukoresheje amagambo wasomye
================================================================================
Umunsi wa karindwi: Ingingira kubona ibitangaza by’Imana
Saba Imana ko
isezerano rye yasezeranye risohora. Soma Kuva:
34:10
Senga ukoresheje amagambo wasomye
================================================================================
Umunsi wa munani: Komeza winginge Imana yite kumarira yawe.
Soma Zaburi 39:13 maze ufate na Zaburi 39:8-14
Senga ukoresheje amagambo wasomye
================================================================================
Umunsi wa Cyenda: Umunsi wishimwe.
Shimira Imana kuba
igiye kugira icyo ikora mubuzima bwawe (bw’Uwo uri gusabira).
Soma Luc 2:14 na Luka 1:45.
Wumvwe n'Imana
Gira amahoro
Comments
Post a Comment