Skip to main content

Icyo Imana yaduhamagariye

Icyo Imana yaduhamagariye

Ijambo ry'Imana dusanga muri 1 Abatesaloniki 4:7 ritubwira ko Imana ntiyaduhamagariye kwanduzwa, ahubwo yaduhamagariye kwezwa. 

Ese  kwezwa ni iki no kwiyanduza ni iki?

Kwezwa nukuba waritandukanyije n'icyaha ukakira Kristo Yesu nk'umwami n'umukiza ukaba icyaremwe gishya kuko ibyakera byose biba byararangiye nkuko tubisanga muri 
2 Abakorinto 5:17.

Kwanduzwa: nukwishimira kuguma mucyaha cyangwa gukora ibitandukanye n'ugushaka kw'Imana.

Mubuzima bwacu bwa buri munsi, buri muntu afite ibyo aba akora, atekereza cyangwa avuga. Kenshi na kenshi iyo ibi biba, hari ubwo usanga watandukiriye ugakora ibihabanye n'ibyo Imana ishaka. Buri munsi Imana yifuza ko abantu bose bakizwa bakamenya ukuri kuko ariko kuzababatura. Uku kuri ntakundi niYesu Kristo kuko ubuzima bwe aribwo tureberaho maze tukarushaho gutera intambwe dusa nkawe. 

Iyo twishimira kuguma mucyaha, umwambaro wera twambitswe n'Imana igihe twayakiraga mubuzima bwacu tuba tuwanduza ari nako twiyanduza, tukivana mumubare w'abana b'Imana tukaba abana b'iyi si. Aha ni hahandi uneshwa na satani ugakora ibirakaza Imana nyamara uzi neza ko ibyo ukoze atari byiza. Uzasanga utangiye gusuzugura rya jwi ryongorera umutima wawe rikubuza ikibi ariko wowe ukanangira ugakora uko ushaka. Iyo utangiye gukora utyo, uba urimo uranduza umwambaro wera wawe, agakiza kawe kaba gatangiye gushira, aribyo bamwe bita Kugwa. 

Birababaje kuba Imana yaragutoranyije muri benshi ngo uyikorere maze ukabifata nk'umutwaro ukumva ko uzakora ibyo wishakiye bitarimo inama z'Imana. Uku kwanduzwa tuvuga hano nugukora icyaha. Kubeshya, ubusambanyi, ubujura, kwiyemera, kwizamura, ubugome, ubwibone, ubusinzi, kwifuza, kwiba, kwangiza ibyabandi, irari, gusenga abantu, ibishushanyo n'ibindi bisa nkabyo.

Igihe uzabona utakikanga iyo ukoze icyaha, uzamenye ko ubuzima bwawe bwamaze kwanduzwa akaba ariyo mpamvu utakigira umutima ukubwira ikibi kuko uba warirukanye umwuka wera mubugingo bwawe.

Kwezwa rero, nukwemera ukayoborwa n'Imana muri byose, ugakora uko ishaka, ukitamba ubwawe, ukayiyegurira wese hahandi uzaba utakigenda nkuko kamere yawe ishaka ahubwo nk'uko umwuka wera abigutegeka. 

Ndakwinginze wowe usoma ubu butumwa ko, wakongera ukibaza uko umubano wawe n'Imana umeze ubu maze ugafata ingamba yo guhinduka rwose, niba uri mubyaha, IHANE wakire imbabazi z'Imana kuko zihoraho ibihe byose, ukaba uwo Imana yishimira. 
Mugihe wumva ko utunganiye Imana rwose, uzashimishwa nuko nusoma ubu butumwa uzumva umutima wawe ntacyo wishinja iyo tuvuga kuba mubyaha, ahubwo ukishima. 

Ntakindi dukwiriye kwibaza mukwezwa kwacu atari ukuzibukira icyaha, tukacyanga urunuka maze tukarangwa n'imico myiza ibereye umuntu wese wemeye Kristo akanamwakira mubuzima bwe.

Isuzume, maze ufate ingamba.
Itandukane nibyahise


Mugire Amahoro.

Comments

Popular posts from this blog

Inyungu zo kuba muri Kristo/Kwiyegurira Imana

Inyungu zo kuba muri Kristo Kuberako ntanakimwe ushiramo umwete ngo ubure inyungu, ni kimwe nko gukurikira Yesu. Hari icyo bigusaba, hari umwete ugomba kugira, hari ubushake, hari ukwiyemeza kugirango ukurikire Yesu. Ibi nibyo twita ikiguzi (nka investment) kugirango ubone inyungu zo kuba uri muri Kristo. Kuberako udahita ubona izo nyungu ako kanya, ubanza kwiyanga no kwikorera umusaraba wawe iminsi yose. Kuko ibi bisa nkibitoroshye, iyo wiyemeje ugatera intambwe ugasanga Kristo, utangira kubona Inyungu z'intambwe wateye. Inyungu  Ugira ijwi ryongorera Umutima wawe ukamenya igikwiriye. Nkubwije ukuri ko ijwi rizakongorera rikubwire ko ibyo ugiye gukora ari byiza cyangwa bibi. Uzumva hari ijwi rikubuza cyangwa rikwemerera gukora icyo ushaka gukora. Humura, iri jwi, iyo wiyemeje Kwiyegurira Imana wese umenya niba ari irya satani cyangwa iry'Imana.  Irya satani rirakoshya, rikakwereka ko ntakibazo udakoze icyo kintu kiza wakagombye gukora.  Ubona u...

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe

Ni Gute wa Kwihana ibyaha ukizera ko ubabariwe Mbere yuko tuganira uko wakwihana ibyaha, reka tubanze tumenye icyo Bibiliya ivuga kucyaha. Icyaha Icyaha n'ukwanga gushira mubikorwa amategeko y'Imana, cyangwa ikintu cyose ukora kidakurikije imigambi y'Imana. Ni ukuvuga gukora ikintu nkuko wowe ubishaka. Ijambo ry'Imana riratubwira muri 1 samweli 15:23-24 ngo [23]Kuko ubugome busa n'icyaha cy'uburozi, kandi n'udakurwa ku ijambo asa n'uramya ibishushanyo na Terafimu. Ubwo wanze ijambo ry'Uwiteka , na we yanze ko uba ku ngoma.” [24]Sawuli abwira Samweli ati “Naracumuye ubwo nishe itegeko ry'Uwiteka n'amagambo yawe, kuko natinye abantu nkabumvira.   Icyaha ni ukwanga ijambo ry'Uwiteka . Ese iri jambo ni irihe? Bibiliya iduha amahame n' inzira tugomba kugenderamo. Iyo wanze kumvira icyo aya magambo akubwira, ugakora ugushaka kwawe uba ukoze icyaha. Ese iyo witandukanije n'ibyo Imana ishaka ugakora ibyawe...

Icyo bisaba Gukurikira Yesu

Icyo bisaba Gukurikira Yesu Twumvishe kenshi ko inzira z'uwiteka ari inzira zifunganye Mt 7:13-14 [13]“Munyure mu irembo rifunganye, kuko irembo ari rigari, n'inzira ijyana abantu kurimbuka ari nini, kandi abayinyuramo ni benshi. [14]Ariko irembo rifunganye, n'inzira ijya mu bugingo iraruhije, kandi abayinyuramo ni bake. Ese uku gufungana bivuga iki? Hari byinshi twiberamo by'iyi si bisa nkibituryohera tubonako kubireka bitatworoheye. Benshi usanga bari mubusambanyi, mubusinzi, kubeshya kugira ngo babeho, kwiba kugirango babone amaramuko nibindi twirirwamo bisa nkibi. Nyamara kuberako tubiretse tubonako hazavamo igihombo.  Ibi twatanga urugero nkiyo kugirango ubone inyungu yagutse mubucuruzi bwawe ugomba kubeshya cyangwa kwiba, mwishuri ugomba guca muzindi nzira ngo ubone amanota menshi, mukazi kawe ugomba gufata cyangwa gutanga ruswa ngo ubone service ushaka...n'ibindi nkibi watangaho urugero. Nyamara, ibi byose tukabikora kugirango tworoshye ubuzima, ...